Dernières nouvelles du Diocèse

Umunsi wa Pentekositi uragera, bose bakaba bakoraniye hamwe. Ako kanya, umuriri umeze nk’inkubi y’umuyaga uva mu ijuru, maze wuzura mu nzu bari barimo
2026-02-26

Kuganira biri mu muco w’abantu, ariko burya ibanga ryo kuganira si ukuvuga, ahubwo ni ukumva. Ni koko ngo umuhanda ugera ku mutima w’umuntu ni amatwi.
2026-02-26

Ubuyobozi bwa Kiliziya bwemera ibonekerwa n’ubutumwa bujyanye na ryo bushingiye ku bimenyetso bifatika bituma iryo bonekerwa riba rikwiye kwizerwa. Ibyo bimenyetso byemejwe n’Ibiro bya Papa bishinzwe inyigisho z’ukwemera (Dicastère pour la doctrine de la Foi/ Dicastery for the Doctrine of Faith) mu mwaka wa 1978.
2026-01-22

Kiliziya ihamya kandi yigisha ko Yezu Kristu ari we Muhuza n’indunduro y’ibyahishuwe. Muri We Imana yahishuye ibyo yashakaga guhishurira abantu byose. “Imana imaze kuvuga kenshi no ku buryo bwinshi ikoresheje abahanuzi, natwe muri iyi minsi ari na yo y’imperuka yatubwirishije Umwana wayo” (Heb 1,1-2).
2026-01-22

Muri 1818, umwanditsikazi w’umwongereza witwa Mary Wollstonecraft Shelley yanditse igitabo yise “Frankenstein or The Modern Prometheus”. Yacyanditse agendeye ku bikorwa byitiriwe kimwe mu bigirwamana by’abagereki kitwa Prometheus bivugwa ko cyaremye abantu mu ibumba cyarangiza kikiba umuriro kikawubaha bityo bakabasha gukora byinshi batari kwigereraho.
2026-01-18

Tariki ya 6 Ukuboza 2025, Kiliziya Gatolika mu Rwanda yahimbaje isozwa rya Yubile y’impurirane y’imyaka 2025 Yezu aje mu isi n’imyaka 125 Inkuru nziza igeze mu Rwanda. Koko rero, ku itariki ya 2 Gashyantare 1900 ni bwo Abamisiyoneri b’Abapadiri Bera bageze mu Rwanda
2025-12-22

Ku cyumweru tariki ya 08/06/2025 Diyosezi ya Ruhengeri yahimbaje Yubile y’impurirane mu rwego rw’abalayiki n’imiryango y’agisiyo gatolika n’andi matsinda y’abalayiki. Iyo Yubile yizihirijwe muri Paruwasi ya Runaba,
2025-12-22

Nyuma y’uko ku wa gatandatu tariki ya 10/02/2024 muri Bazilika nto ya Kabgayi hatangirijwe ku mugaragaro ku rwego rw’igihugu gahunda y’ihimbazwa rya Yubile y’impurirane yo muri 2025, Diyosezi ya Ruhengeri na yo ntiyazuyaje kwinjira muri uwo mujyo.
2025-12-22

Ku cyumweru tariki ya 16/11/2025, muri Paruwasi ya Busengo hizihirijwe ku rwego rwa Diyosezi ya Ruhengeri Umunsi Mpuzamahanga w’Abakene wari ufite iyi nsanganyamatsiko: «Ni wowe mizero yanjye». Ni amagambo Nyirubutungane Papa Lewo wa XIV yakuye muri zaburi ya 71 ku murongo wa 5.
2025-12-01

Ku Cyumweru tariki ya 05/07/2025, muri Paruwasi ya Kampanga hizihirijwe Yubile y’impurirane mu rwego rw’ibikorwa by’urukundo n’impuhwe (Caritas). Ni Yubile y’imyaka 2025 y’icungurwa rya Muntu na Yubile y’imyaka 125 Ivanjili igeze mu Rwanda.
2025-11-29
  •   1    2   
Liens Importants
Saint-Siège
Infos du Vatican
Le monde vu de Rome
Eglise Catholique au Rwanda
Diocèse de Cyangugu
Diocèse de Gikongoro
Diocèse de Nyundo
Diocèse de Byumba
Diocèse de Kibungo
Site Sanctuaire marial de KIBEHO