Kuri uyu wa gatanu tariki ya 11 Ukuboza 2020, mu cyumba cy’inama cy’umuryango w’ababikira bitiriwe Mutagatifu Visent iwa Pawulo habereye iyobowe na Nyiricyubahiro Musenyeri Vincent HAROLIMANA, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri.
Iyo nama yari ihuje abayobozi b’uturere twa Musanze, Burera na Gakenke, abayobozi b’ibitaro bya Nemba na Butaro, aba Padiri bakuriye za komite z’ubuzima z’ibigo nderabuzima bya Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, abayobozi b’ibigo nderabuzima bya Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri, Umuhuzabikorwa w’amavuriro ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda, Umuhuzabikorwa w’amavuriro Gatolika ya Diyosezi ya Ruhengeri. Muri iyo nama kandi hari Musenyeri Gabin BIZIMUNGU, Igisonga cy’Umwepisikopi na Padiri Narcisse NGIRIMANA, Umuyobozi wa Caritas ya Diyosezi ya Ruhengeri. Ku murongo w’ibyigwa hari:
Mu gutangiza inama, Nyiricyubahiro Musenyeri, Umushumba wa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri yashimiye ubufatanye n’imikoranire myiza hagati y’ubuyobozi bwa Leta y’u Rwanda n’ubuyobozi bwa Diyosezi Gatolika ya Ruhengeri mu kubungabunga ubuzima na roho bya muntu. Umushumba wa Diyosezi ya Ruhengeri kandi yashimiye abari mu nama kuba bitabiriye ubutumire, anabashimira uruhare n’ubwitange bagaragaza kugira ngo amavuriro ya Kiliziya Gatolika arusheho gutanga serivisi nziza ku bayagana bose. Yakurikijeho gutanga ibitabo kuri buri wese wari witabiriye inama. Ibyo bitabo bikubiyemo ayo masezerano yavuzwe haruguru n’amabwiriza ya Minisitiri w’ubuzima avuga ku mikorere, inshingano ya za komite z’ubuzima, na komite ncunga mutungo z’ibitaro n’ibigo nderabuzima bya Kiliziya biterwa inkunga na Leta.
Nyuma yo kungurana ibitekerezo ku ngingo zose zari ku murongo w’ibyigwa babifashijwemo na Dogiteri Kanani Yohani Bosco, umuhuzabikorwa w’amavuriro gatolika mu Rwanda, abari mu nama bafashe imyanzuro ikurikira kandi biyemeza kuyishyira mu bikorwa:
Sr Anne Marie MUJAWAYEZU
Caritas ya Diyosezi ya Ruhengeri