Guhimbaza Yubile y'impurirane muri Diyosezi ya Ruhengeri

Nyuma y’uko ku wa gatandatu tariki ya 10/02/2024 muri Bazilika nto ya Kabgayi hatangirijwe ku mugaragaro ku rwego rw’igihugu gahunda y’ihimbazwa rya Yubile y’impurirane yo muri 2025, Diyosezi ya Ruhengeri na yo ntiyazuyaje kwinjira muri uwo mujyo. Bityo, ku Cyumweru tariki 11/02/2024 muri Paruwasi ya Murama, ku munsi wa Bikira Mariya Umwamikazi wa Lourdes, waragijwe iyo paruwasi, habereye igikorwa cyo gutangiza iyo Yubile ku rwego rwa diyosezi. Umwepiskopi, abasaserdoti, abiyeguriyimana n’abalayiki baturutse mu mpande zose za diyosezi hamwe n’imbaga y’abakristu ba Murama bari bakereye guhimbaza uwo munsi mukuru.

Guhera ubwo, hirya no hino muri paruwasi zose hatangiye gutegurwa imihimbazo ya Yubile mu byiciro binyuranye by’ubutumwa n’ubuzima bwa Diyosezi ya Ruhengeri. Iki kinyamakuru kirabitugezaho mu buryo burambuye. Harimo buri muhimbazo wabaye, nk’uko yagiye ikurikirana, impamvu y’ahantu n’igihe wabereye ndetse n’ibimenyetso bizasigara byibutsa ayo mateka. Aha twavuga nka za paruwasi zirimo kuvuka n’ibindi. Ibyahimbajwe ni ibingana n’umubare wa paruwasi zari zihari. Mu guhitamo, hitawe mbere na mbere ku byashyizwe kuri gahunda yo ku rwego rw’Igihugu hanyuma hongerwamo n’ibindi Diyosezi ya Ruhengeri yabonaga ko ari ngombwa ko bigarukwaho ku buryo bwihariye muri iyi Yubile.

Uko guhimbariza Yubile muri paruwasi zose ntibyabujije no kwitabira ku buryo bushimishije gahunda zose za Yubile zabereye mu zindi diyosezi. Twibuke ko Abepiskopi bari barabirarikiye abakristu bose mu ibaruwa itangaza Yubile y’impurirane yo muri 2025 yitwa “Twitegure guhimbaza Yubile y’imyaka 2025 y’ugucungurwa kwacu n’imyaka 125 Inkuru nziza igeze mu Rwanda”(n o 12). Iyo baruwa bayitangaje ku Cyumweru cya mbere cy’Adventi ya 2023, tariki 03/12/2023. Inshamake y’uko Yubile yahimbajwe hirya no hino mu gihugu na yo turayibagezaho.

Insanganyamatsiko ya Yubile

Iyi Yubile yaherekejwe n’insanganyamatsiko zifasha abakristu kuyihimbaza neza bafite aho berekeza n’icyo bahuriraho mu kuyihimbaza. Ku rwego rw’isi, Papa yatanze insanganyamatsiko igira iti«Abagendana amizero» (Pèlerins d’Espérance – Pilgrims of hope). Impamvu y’ingenzi, ni uko muri iyi myaka isi yagiye ihura n’ingorane z’ingutu n’ingaruka zazo, zirimo ibyorezo bikomeye nka Covid-19, intambara hirya no hino ku isi, ibiza binyuranye byibasiye uturere tumwe na tumwe n’ibindi. N’ubwo ibyo byose byabaye ariko tugomba kugumana itara ry’amizero mu buzima no mu mitima yacu, tugahanga amaso ahazaza tudacika intege. Nk’uko na Yobu yahuye na byinshi byamuhungabanyije, ariko akagira ati «Haracyari amizero ko n’igiti cyatemwe gishobora gushibuka» (Yobu 14, 7).

Bashingiye kuri iyi nsanganyamatsiko ya Kiliziya y’isi yose no ku mateka yaranze igihugu cyacu, Abepiskopi bacu baduhitiyemo n’insanganyamatsiko yihariye igira iti «Turangamire Kristu, Soko y’amizero, ubuvandimwe n’amahoro» (reba Ef 2,11-22). Tuyibonamo n’umurongo wa Sinodi y’Abepiskopi yasojwe muri 2024, yagarukaga kuri Kiliziya yunze ubumwe mu bufatanye no mu butumwa. Tubonamo kandi n’ingingo remezo y’Ikoraniro ry’Ukaristiya rya 53 ku rwego rw’isi ryabereye i Quito muri Equateur, ku matariki 8-15/09/2024 n’irya kabiri mu Rwanda ryabereye I Butare, ku matariki 5-8/12/2024, mu nsanganyamatsiko itwibutsa ko twese turi abavandimwe kandi ko ubwo buvandimwe ari bwo buzakiza isi mu bibazo by’inzitane idahwema guhura na byo [La fraternité pour guérir le monde - Fellowship to heal the world: “Vous êtes tous frères - You are all brothers” (Mt 23,8)].

Iki kirango cya Yubile ku rwego rwa Kiliziya y’isi yose gifite ibisobanuro bifitanye isano n’insanganyamatsiko yanditse mu muzenguruko ukikije amashusho y’icyo kirango:
1) Amashusho ane mu mabara anyuranye (ubururu, icyatsi, umuhondo n’umutuku) bigaragaza inyokomuntu ibarizwa mu byerekezo bine by’isi. Abo bantu bafatanye urunana umwe ku wundi, mu kugaragaza ubufatanye n’ubuvandimwe bibahuje. Baragaragara nk’abari mu rugendo basangiye kandi barangamiye umusaraba. Umuntu uri imbere y’abandi awuhobeye nk’ikimenyetso cy’ukwemera akomeyeho n’ukwizera adateze gutakaza, ari byo bituma bose hamwe bagenda bemye nk’uko ishusho ibagaragaza.
2) Umusaraba na wo ntabwo ubereye aho gusa, ahubwo wunamye werekera ba bantu nk’ubasanganira ngo batiyumva nk’abatereranwe, ahubwo ukaba ari ikimenyetso ntakuka cyo kwizera ko batari bonyine. Intangiro y’uwo musaraba ifite ishusho y’igifashi, nk’igikoresho abasare bifashisha mu gutuma ubwato budahungabana haba mu gihe cyo gushyiramo abagenzi cyangwa mu gihe umuhengeri ubaye mwinshi cyane, bikaba ikimenyesto cy’ukwizera kudatamaza mu gihe cy’imihindagurikire y’imibereho ya muntu n’iyi si.
3) Mu nsi y’abo bantu hari umurongo w’ubururu ugaragaza amazi arimo umuhengeri bikerekana urugendo rw’ubuzima, rutanyura iteka ahatuje gusa, ariko ko tudakwiye kwiheba.

Iki kirango ni umwihariko wa Yubile ya Kiliziya Gatolika mu Rwanda ariko kinafitanye isano n’icyo ku rwego rw’isi, nk’uko twabisobanuye ku bijyana n’insanganyamatsiko yihariye ya Yubile mu Rwanda. Imbaga y’abemera, bagaragara mu byiciro binyuranye, bakiri mu rugendo kuri iyi si itaburamo ibikorwa by’umwijima, yunze ubumwe kandi irangamiye Kristu Umucunguzi utuma mu rw’«imisozi igihumbi» hadahwema kugaragara urumuri rw’amizero dukesha Ivanjili twakiriye. Kurangamira Kristu bitwibutsa ko n’urupfu rutamuheranye, ko hirya y’umwijima wo ku wa Gatanu mutagatifu hari urumuri rwa Pasika.

Ibikorwa bya Yubile muri Diyosezi ya Ruhengeri


Mu gutegura uko Yubile izagenda, Diyosezi ya Ruhengeri yateganyije ko imihimbazo izajyana n’ibindi bikorwa binyuranye. Hari ibyatekerejwe muri rusange ari na byo biri ku rutonde tugiye kubagezaho, ariko ntibibujije ko hari n’ibindi byihariye byagiye bikorwa.

Ku rwego rwa Paruwasi

  • Gushyiraho Komisiyo ya Yubile;
  • Gufungura Yubile;
  • Kuvuga isengesho rya Yubile no guhugukira isengesho muri rusange;
  • Gutegura ihimbazwa ry’igikorwa cy’ubutumwa cyateganyirijwe Paruwasi;
  • Kugena urwibutso ruzaranga Yubile muri Paruwasi;
  • Gukora inyandiko y’amateka y’iyogezabutumwa muri Paruwasi;
  • Gukora gahunda y’ibikorwa bifatika Paruwasi izakora bizafasha kurushaho gushora imizi muri Kristu hashingiwe ku isesengura rihamye ry’Ikenurabusho muri Pauwasi;
  • Gushyira mu bikorwa gahunda y’imbabazi za Yubile no kwimakaza ibikorwa bishyigikira amizero mu bantu;
  • Gusura ingo zose z’abakristu (n’izindi zashoboka) ziri muri Paruwasi bakahasiga ishusho ya “Yezu Ndakwizera”;
  • Guha imbaraga ishuri “Tumenye Bibiliya » no gufasha abakristu gutunga Bibiliya no kuyisoma;
  • Kurushaho kwita ku mukateshisti n’abandi bafatanyabutumwa muri Paruwasi;
  • Guteganya ibiganiro n’imyiherero bifatiye ku nsanganyamatsiko ya Yubile ku bakristu b’ingeri zinyuranye muri Paruwasi;
  • Kugena gahunda y’ibikorwa byimakaza ubuvandimwe n’amahoro.

    Ku rwego rwa Komisiyo na Servisi za Diyosezi


  • Kugira inyandiko ivuga amateka, ubutumwa, imikorere n’ibikorwa bya Komiziyo;
  • Kuzuza inzego za Komisiyo no kugaragaza inshingano zazo ku baba batazifite;
  • Gukora isesengura ry’ubutumwa bwa Komisiyo (imbaraga, intege nke n’ingorane, amahirwe, inkomyi n’imbogamizi) hagamijwe kugaragaza umusanzu Komisiyo igiye gutanga mu kurushaho gufasha umuryango w’Imana muri Diyosezi ya Ruhengeri;
  • Guteganya urwibutso rwazaranga iyi Yubile ku rwego rwa Komisiyo;
  • Gufatanya n’izindi nzego gutegura umuhimbazo wa Yubile ujyana n’ubutumwa bwa Komisiyo cyangwa servisi;
  • Kugena abantu (abafatanyabutumwa cyangwa abagenerwabutumwa) bashimirwa kubera umwanya wabo mu butumwa bwa Komisiyo;
  • Guteganya ibiganiro n’imfashanyigisho birebana n’ubutumwa bwa Komisiyo.

    Ku rwego rwa Diyosezi


  • Gushyiraho Komisiyo ya Yubile;
  • Gufungura Yubile;
  • Guhuza ibikorwa byose bya Yubile;
  • Kugena ibikorwa byimakaza ubuvandimwe n’amahoro mu bantu;
  • Gushaka urwibutso rwa Yubile ku rwego rwa Diyosezi (Hateganyijwe ishingwa rya paruwasi 5 (Nkumba, Gashaki, Nyamugali, Musanze na Karuganda), inzu nshya y’ubucuruzi, ikigo cy’urubyiruko cyangwa icy’imyidagaduro n’ibindi byashoboka);
  • Gukora inama nyunguranabitekerezo ku Ikenurabushyo muri Diyosezi no muri ibi bihe, inahuriza hamwe ibyavuye mu nzego zinyuranye z’ubutumwa muri gahunda ifasha kurushaho gushora imizi muri Kristu mu myaka 10 isigaye y’icyerekezo 2035 cya Diyosezi ya Ruhengeri.

    Imihimbazo ya Yubile

    Guhimbaza Yubile ku rwego rw’Igihugu

    ITARIKI YUBILE AHANTU
    10/02/2024 Gutangiza Yubile Kabgayi (Cathédrale)
    06/07/2024 Isakaramentu rya Batisimu Kibungo (Zaza)
    25/08/2024 Urubyiruko Ruhengeri (Cathédrale)
    3-8/12/2024 Ikoraniro ry'Ukaristiya Butare (Cathédrale)
    27/12/2024 Abana Gikongoro (Kibeho)
    02/02/2025 Ukwiyegurira Imana Gikongoro (Kibeho)
    14/06/2025 Ubusaseridoti Cyangugu (Shangi)
    09/08/2025 Umuryango Nyundo (Nyundo)
    08/11/2025 Abalayiki Byumba (Byumba)
    06/12/2025 Gusoza Yubile Kigali (Stade Amahoro)

    Guhimbaza Yubile ku rwego rwa Diyosezi

    ITARIKI YUBILE AHANTU
    11/02/2024 Gutangiza Yubile Murama
    13/05/2024 Gufungura Umuryango w'impuhwe muri Katedrali no Gutangaza Impuhwe za Yubile Ruhengeri
    26/05/2024 Gufungura Umuryango w'impuhwe i Rwaza Rwaza
    08/06/2024 Abakateshisti Mwange
    10/08/2024 Ubusaserdoti Janja
    25/08/2024 Urubyiruko (ku rwego rw'Igihugu) Ruhengeri
    20/10/2024 Amasakaramentu y'ibanze Kanaba
    03/12/2024 Abarwayi n'inzego z'ubuzima Nemba
    29/12/2024 Umuryango Busengo
    05/01/2025 Abana Busogo
    26/01/2025 Ijambo ry'Imana n'imibanire y'abemera Kristu Bumara
    31/01/2025 Abihayimana badasohoka Nkumba
    22/03/2025 Ukwiyegurira Imana Rwaza
    01/05/2025 Umurimo n'Abakozi gatolika Kinoni
    30/05/2025 Uburezi Butete
    08/06/2025 Abalayiki n'Imiryango y'Agisiyo Gatolika Runaba
    05/07/2025 Ibikorwa by'urukundo n'impuhwe Kampanga
    31/08/2025 Urubyiruko Gahunga
    23/11/2025 Itangazamakuru gatolika Nyakinama
    20/12/2025 Gusoza Yubile Ruhengeri

    Myr Gabin Bizimungu
    Perezida wa Komisiyo ya Yubile muri Diyosezi