Kuwa mbere tariki ya 31 ukwakira 2022, bayobowe nUmwepiskopi wabo, abapadiri ba Diyosezi ya Ruhengeri berekeje ku Nyundo ngo basabane nabapadiri ba Diyosezi ya Nyundo binyuze mu mikino. Bakigera ku Nyundo, bavugiye isengesho muri kiliziya ya Paruwasi Katedarali. Nyiricyubahiro Musenyeri Anacleti MWUMVANEZA, Umwepiskopi wa Nyundo, yabasangije amwe mu mateka ya Diyosezi ya Nyundo ndetse abereka nibyiza bikikije icyicaro cyayo. Hakurikiyeho imikino ya gicuti.
Imikino yamaboko yabereye muri Centre Culturel-Vision Jeune nouvelle. Imikino yarangiye, Abapadiri ba Diyosezi ya Nyundo batsinze amaseti atatu ku busa ya Stella Volleyball Club. Naho muri basketball, Nyundo itsindira ku bitego 20 mu gihe Stella basketball club yagize 16. Umupira wamaguru wabereye muri Stade Umuganda maze urangira amakipe yombi anganyije ubusa ku busa.
Hakurikiyeho ubusabane no kuganira aho abahagarariye amakipe bishimiye imikino yakinwe ndetse hashimirwa abepiskopi bahisemo ubu buryo bwo gusabana. Abatsinzwe biyemeje gukaza imyitozo mu gihe abatsinze batifuza gusubira inyuma. Mu magambo yabepiskopi, Nyiricyubahiro Musenyeri Visenti HAROLIMANA yishimye ko bakiriwe neza kandi agaragaza uburyo imikino igira akamaro ku mutima, ku mubiri no mu buvandimwe. Yatsindagiye ko gukina ari ugushimira Imana kubera impano nyinshi yahaye abantu maze bakazibyaza umusaruro bubaka ubuvandimwe kuko ntabwo hatsinze ibitego “hatsinze ubuvandimwe”. Yishimiye ko abantu bahura bishimye aho guhura baganya cyangwa bivovota kubera ibitagenda; abapadiri bakishimira ubusaserdoti bwabo kuko bagaragaza ko bunze ubumwe hagati yabo ndetse bunze ubumwe n'umwepiskopi wabo. Yibukije ko ubuvandimwe buzanagarukwaho, nkumuti wakiza isi, mu Ihuriro mpuzamahanga ryUkaristiya rizabera Quito muri Equateur ku matariki ya 8-15/09/2024 ["La fraternité pour guérir le monde". "Vous êtes tous frères" (Mt 23, 8)].
Naho Nyiricyubahiro Musenyeri Anaclet MWUMVANEZA yibukije ko iyi mikino ari uruzinduko rw'urukundo n'ubuvandimwe. Agaragaza uburyo abaturutse mu Ruhengeri banyuze kuri katedarali nkikimenyetso cyuko bataje gukina gusa. Yashimiye Imana ko ubuvandimwe bwatsinze kuko nta muntu wavunitse cyangwa ngo ashwane mu kibuga. Yagaragaje uburyo bita ku mikino kuko inama bakora ziminsi ibiri akenshi habonekamo numwanya wo kwidagadura. Biyemeje kuzishyura basura Diyosezi ya Ruhengeri. Mu gusoza, hishimiwe ababikira bari baherekeje abapadiri ba Diyosezi ya Ruhengeri ndetse twakibutsa ko nUmuyobozi wAkarere ka Musanze Janvier RAMULI ndetse nUmuyobozi wAkarere ka Rubavu, Ildephonse KAMBOGO, bageze kuri Stade Umuganda ngo batere akajijsho ku mupira wamaguru.
Padri Alexis MANIRAGABA